
Ikipe ya Rayon sports WFC yakiriye Zaina Namuleme, ukomoka muri Uganda ukina mu kibuga hagati.
Kuri uyu wa kabiri ikipe ya Rayon sports y’Abari n’Abatega r’Ugori yakiriye umukinnyi mushya witwa Zaina Namuleme. Muminsi ishize ni bwo iyi kipe iherutse gutangaza ko yasinyishije uyu mukinnyi ariko ikaba yaramusinyishije atari mu Rwanda ahubwo yari akiri muri Uganda.
Zaina Namuleme yavutse tariki ya 9 Mutarama 2000, akaba afite imyaka 26 y’amavuko, akaba yarakiniye ikipe ye y’Igihugu ya Uganda y’abatarengeje imyaka 20 ndetse n’ikipe nkuru.
Zaina Namuleme yakuriye mu ikipe y’abato y’iwabo muri Uganda yitwa Ghadafi Integrated School yavuyemo mu 2016 yerekeza muri Kampala Queens yavuyemo mu 2024 yerekeza mu ikipe ya Makerere University nayo yavuyemo mu 2025 yerekeza muri Kenya Police ari nayo avuyemo aza muri Rayon sports WFC yahano mu Rwanda.
Rayon sports WFC yakiriye uyu mukinnyi imaze umunsi umwe itangiye imyitozo itegura season ya 2026/27, ndetse n’imikino ya CECAFA izabera mu Rwanda tariki ya 21 Kanama 2026.
Ku munsi w’ejo ubwo iyi kipe yatangiraga imyitozo yasuwe n’ubuyobozi ushinzwe tekinike muri Rayon sports Dylan Lienar.
Ikipe ya Rayon sports niyo yatwaye igikombe cya Shampiyona mu bagore cya season ishize, ndetse n’igikombe cy’amahoro.









