
APR BBC yongeye kwandika amateka muri Basketball y’u Rwanda, yegukana Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya nyuma yo gutsinda Patriots BBC amanota 114-76.
Ikipe y’Ingabo yageze kuri iki gikombe nyuma yo gutsinda umukino wa kane wa kamarampaka wa nyuma, wakinwe ku wa Mbere, tariki ya 24 Kanama 2026.
Uyu mukino watangiye amakipe yombi ahanganye bikomeye, aho Patriots BBC yagerageje kugendana na APR BBC. Gusa uko umukino wakomezaga, APR BBC yarushagaho gushyiraho ikinyuranyo, ibifashijwemo cyane na Craig Randall na Adonis Filer.
Igice cya mbere cyarangiye APR BBC iyoboye umukino n’amanota 56-43.
Mu gice cya kabiri, APR BBC yakomeje kwerekana ubudahangarwa bwayo, mu gihe Patriots BBC yarushagaho gucika intege. Ikipe y’Ingabo yihariye umukino, inagera n’aho iha amahirwe abakinnyi badakunze kubona umwanya munini wo gukina.
Umukino warangiye APR BBC itsinze Patriots BBC amanota 114-76, ihita yegukana Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya ndetse inahembwa miliyoni 15 Frw.
REG BBC yegukanye umwanya wa gatatu nyuma yo gutsinda RSSB Tigers imikino 2-1 mu guhatanira uwo mwanya.
Mu bihembo byatanzwe ku bitwaye neza muri uyu mwaka wa shampiyona, umutoza mwiza yabaye Niyomugabo Munyandamutsa Sunny utoza Patriots BBC.
Kwizera Sage Hubert yabaye umukinnyi wazamuye urwego kurusha abandi, mu gihe Garba Chingka Kennedy wa Patriots BBC yabaye myugariro mwiza.
Eliott Cole wa REG BBC ni we watsinze amanota atatu menshi, aho yagejeje kuri 63. Damaria Franklin wa Patriots BBC we yabaye umukinnyi watsinze amanota menshi kurusha abandi muri shampiyona, atsinda 504.
Garba Chingka Kennedy wa Patriots BBC ni we wabaye umukinnyi wahize abandi muri shampiyona isanzwe.
Mu mikino ya kamarampaka, Craig Randall wa APR BBC ni we wahize abandi. Uyu mukinnyi yagize umwaka udasanzwe kuko yanabaye MVP wa BAL 2026.
APR BBC yegukanye iki gikombe nyuma yo kwitwara neza muri iyi mikino ya nyuma, ikomeza kugaragaza ko ikiri imwe mu makipe akomeye muri Basketball y’u Rwanda.






