
Myugariro w’Umunyarwanda, Rwatubyaye Abdul, yamaze kumvikana n’ikipe ya FC Shkëndija ikina mu Cyiciro cya Mbere muri Macedonia.
Uyu mukinnyi ukina mu mutima w’ubwugarizi, ku wa Kabiri w’iki cyumweru ni bwo amakuru yagiye hanze avuga ko yamaze kumvikana n’iyi kipe yo muri Macedonia, aho agomba gutangira kuyikinira mu mwaka w’imikino wa 2026-27.
Gukina muri Macedonia si ubwa mbere abikoze, kuko hagati ya 2021 na 2022 yakiniraga FC Shkupi. Yongeye gusubira muri iyi kipe mu 2023, ayimaramo umwaka umwe mbere yo kwerekeza muri Brera Strumica, na yo yo muri iki gihugu, nubwo atayimazemo igihe kinini.
Mu mwaka w’imikino wa 2025-26, Rwatubyaye Abdul yari yarerekeje muri Libya, akinira Al-Soqour Club, ari na yo batandukanye mbere y’uko yongera kwerekeza muri Macedonia.
Hanze y’u Rwanda, uyu myugariro kandi yakiniye amakipe atandukanye yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika arimo Kansas City, Colorado FC na Colorado Springs Switchbacks FC.
Mu Rwanda, Rwatubyaye Abdul yakiniye amakipe atandukanye arimo Isonga FC, APR FC na Rayon Sports.
Kujya muri FC Shkëndija bibaye indi ntambwe nshya kuri uyu myugariro, wongeye kwisanga ku Mugabane w’u Burayi nyuma y’umwaka yari amaze akinira muri Libya.






