
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyize hanze amabwiriza azagenga Super Cup 2026, agaragaza ko ikipe izasezera muri iri rushanwa binyuranyije n’amabwiriza ishobora gucibwa ihazabu ya miliyoni 10 Frw.
APR FC yari mu makipe ane yagombaga kwitabira Super Cup 2026, aho yari kumwe na Rayon Sports, Kiyovu Sports na Police FC. Icyakora, iyi kipe yaje kwikura muri iri rushanwa, ihita isimbuzwa Mukura VS.
Kuva APR FC yatangaza ko itazitabira Super Cup 2026, abantu batandukanye bakomeje kwibaza niba ishobora gufatirwa ibihano kubera kuva mu irushanwa ritegurwa na FERWAFA.
Ku wa Kabiri tariki ya 25 Kanama 2026, FERWAFA yasohoye amabwiriza azagenga Super Cup 2026, aho Ingingo ya 10 ivuga ku bijyanye no gusezera muri iri rushanwa.
Iyi ngingo igira iti: “Ikipe yifuza gusezera muri FERWAFA Super Cup igomba kubimenyesha FERWAFA. FERWAFA ifite ububasha bwo kugena uburyo irushanwa rigomba gukomeza.”
Iyi ngingo ikomeza igira iti: “Ikipe izarenga ku biteganywa haruguru nyuma y’uko ishyikirijwe aya mabwiriza izacibwa izahabu y’amafaranga y’u Rwanda angana na miliyoni icumi (10,000,000 Frw) igomba kwishyura mbere yo kwitabira andi marushanwa ategurwa na FERWAFA, bitabujijwe ko ishobora no gufatirwa ibindi bihano na Komisiyo ishinzwe imyitwarire hakurikijwe ibiteganywa n’Amategeko n’Amabwiriza ya FERWAFA.”
Iyo usesenguye ibikubiye muri iyi ngingo, bigaragara ko APR FC itarebwa n’iki gihano cya miliyoni 10 Frw.
Impamvu ya mbere ni uko APR FC yari yaramenyesheje FERWAFA ko itazitabira Super Cup 2026, ari na yo mpamvu Mukura VS yahise isimbura iyi kipe muri iri rushanwa.
Ikindi ni uko aya mabwiriza yasohotse ku wa Kabiri tariki ya 25 Kanama 2026, APR FC imaze kuva mu irushanwa. Kandi ingingo ya 10 isobanura ko ihazabu ya miliyoni 10 Frw ireba ikipe “izarenga ku biteganywa haruguru nyuma y’uko ishyikirijwe aya mabwiriza.”
Bityo, mu gihe APR FC yari yaramenyesheje FERWAFA ko itazitabira irushanwa mbere y’uko aya mabwiriza asohoka, kandi ikaba yaranasimbujwe Mukura VS, nta gihano cya miliyoni 10 Frw giteganywa n’iyi ngingo gisa n’aho cyayirebaho.






