
Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda, Rwanda Premier League (RPL), rwemeje ingengo y’imari izakoreshwa mu mwaka w’imikino wa 2026/27, ingana na miliyari 1,2 Frw.
Ibi byemejwe mu nama isanzwe ya Rwanda Premier League yabaye kuri iki Cyumweru, tariki ya 23 Kanama 2026, yitabiriwe n’abanyamuryango bayo 16.
Muri uyu mwaka w’imikino wa 2026/27, RPL izakoresha ingengo y’imari ingana na 1.280.055.000 Frw, harimo n’amafaranga azakoreshwa mu bihembo bihabwa abakinnyi bitwara neza mu mikino itandukanye.
Iyi nama kandi yasobanuye neza ikijyanye n’igikombe cya Shampiyona, nyuma y’impaka zabaye mu mwaka ushize ubwo Al Hilal SC yo muri Sudani yahabwaga igikombe.
Ubu hemejwe ko mu gihe ikipe yo muri Sudani yazaba iya mbere ku rutonde, izahabwa igikombe cy’icyubahiro kizwi nka Honorary Trophy, mu gihe igikombe nyir’izina cya Shampiyona kizahabwa ikipe yo mu Rwanda izaba yagize amanota menshi.
Hanemejwe kandi ko amakipe yo muri Sudani yemerewe kugira abakinnyi b’abanyamahanga barenga umunani ku rupapuro rw’umukino, ariko batandatu gusa akaba ari bo bemerewe kuba bari mu kibuga icyarimwe.
Abakinnyi b’aya makipe na bo bazajya bahatanira ibihembo by’abitwaye neza, uhereye ku mukinnyi w’umukino kugeza ku mukinnyi mwiza w’umwaka, ku rwego rumwe n’abakinnyi b’amakipe yo mu Rwanda.
Al Hilal SC na Al Merrikh SC, zizakina Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda, na zo zizajya zihabwa agahimbazamusyi ku mikino zatsinze nk’uko bikorwa ku makipe yo mu Rwanda.






