
Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC yatsinzwe na Gor Mahia yo muri Kenya ibitego 5 k’ubusa imbere y’abakunzi bayo benshi bari baje kuyireba.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 24 Nyakanga 2026, ikipe ya APR FC yakinnye na Gor Mahia umukino ubanza wa CECAFA Kagame Cup. Ni umukino watangiye ubona ko ikipe ya APR FC igerageza kugumana umupira inshuro nyinshi kurusha Gor Mahia, ariko uko iminota y’umukino yiyongeraga niko iyi kipe yagendaga igabanya igihe yatindanaga umupira.
Guhera ku munota wa 15 ikipe ya Gor Mahia yabaye nkikangutse itangira kwiharira umupira arinako yataka cyane izamu rya APR FC.
Ku munota wa 32 ku mupira wari uvuye muri koruneri Mike Evans Kibwage yatsinze igitego cy’umutwe, nyuma y’iminota 2 ku munota wa 34 Arsite Patrick yatsinze igitego cya kabiri cya Gor Mahia ku mupira yatarete hanze y’uruga rw’amahina.
Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye ari ibitego 2 bya Gor Mahia ku busa bwa APR FC.
Igice cya kabiri cyatangiye ubona ko ikipe ya APR FC ishaka byibuze igitego cya kare kugirango yizere ko yakwishyura ariko birayangira.
Ubwo umukino wari ugeze ku munota wa 70 Nyakubahwa Perezida Paul Kagame yakiriwe muri Sitade Amahoro.
Ku munota wa 73 Paul Okoth yatsinze igitego cya Gatatu cya Gormahia, ku munota wa 79 Lesley Otieno yatsinze igitego cya Kane.
Ubwo APR FC yari imaze gutsindwa igitego cya Kane bamwe mu bafana bayo batangiye gusohoka muri Sitade umukino utarangiye.
Ikipe ya Gor Mahia yari imaze kugera ku munota wa 80 ifite ibitego bi 4 ntabwo yigeze iha agahenge ikipe ya APR FC kuko ku munota wa 87 Assifuah yatsinze igitego cya 5 cya Gor Mahia.
Umukino warangiye ikipe ya APR FC itsinzwe na Gor Mahia ibitego 5-0.
Ni ubwa mbere ikipe ya APR FC itsinzwe ibitego butanu muri CECAFA Kagame Cup, aho yatsinzwe byinshi ni 2015 ubwo ikipe ya APR FC yatsindwaga ibitego 4-0 na Al Khaltoum muri 1/4 i Dar Salaam.
Mu w’undi mukino wari wabanjirije uyu ikipe ya Vipers SC yo muri Uganda yatsinze Grade Republican yo muri Egypt ibitego 3-0.
Kuri uyu wa Gatandatu imikino ya CECAFA Kagame Cup urakomeza aho Singida Black Stars yo muri Tanzania izakina na Jamus yo muri Sudani sa cyenda (15h00) naho Simba SC ikine na Mogadishu City sa Kumi n’ebyiri (18h00).
Ikipe ya APR FC izagaruka mu kibuga ku wa mbere tariki ya 27 Nyakanga 2026, ikina na Grade Republican.









