
Amakipe abiri yo muri Libya arimo Al Ahly Benghazi na Al Nasr nayo y’i Benghazi ndetse na CS Sfaxien yo muri Tunisia ashobora kwitabira CECAFA Kagame Cup 2026 izabera mu Rwanda kuva tariki 19 Nyakanga 2026.
Amakuru yizewe arahamya ko aya makipe yifuza gukina iri rushanwa ndetse ari mu biganiro bya nyuma mu gihe nka Al Ahly Benghazi yo muri Libya ndetse na CS Sfaxien zo yamaze gusaba ko zakina iri rushanwa.
Uretse iyi kipe ya Al Ahly Benghazi yo iri no ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Libya aho izakina na Al Ahly Tripoli inakinamo Manzi Thierry, kandi muri iki gihugu hashobora kuva ikipe ya Al Nasr Benghazi.Aya makipe ashobora no kwiyongeraho ikipe ya CS Sfaxien yo muri Tunisia nayo yasabye kuzitabira iri rushanwa, ndetse ibiganiro biri kugana no ku musozo.
iri rushanwa riteganyijwe gutangira tariki 19 Nyakanga 2026 rikarangira tariki 9 Kanama w026, rishobora kwegezwa inyuma mu rwego rwo guha amakipe yo mu bihugu nka Tanzania bizasoza umwaka w’imikino 2025-2026 mu mpera za Kamena 2026 umwanya wo kwitegura ngo nayo azitabire.






