
Ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza irifuza bikomeye umukinnyi wa Newcastle united, Bruno Guimaraes nubwo hari amakuru avuga ko iyi kipe itari yakora unusable bwa Arsenal.
Amakuru aheruka gutangazwa n’abanyamakuru ba Sky sports Keith Downie na Dharmesh Sheth bavuze ko Ikipe ya Newcastle United yiteguye ko Arsenal ishobora gutanga ubusabe bwemewe bwo kugura kapiteni wayo, Bruno Guimarães.
Mu byumweru bishize, Arsenal yari imaze igihe ikoresha abahuza kugira ngo imenye ibisabwa kugira ngo iyo transfer ishoboke.
Kugeza ubu, nta biganiro biratangira hagati y’amakipe yombi, nubwo hari amakuru yavugaga ko byatangiye. Ibyo byatangaje ubuyobozi bwa Newcastle.
Bruno Guimarães ategerejwe kwinjira mu mwiherero wo kwitegura umwaka mushya wa shampiyona muri Newcastle uzabera muri Espagne, byari biteganyijwe utangira kuri iki Cyumweru.
Uyu mukinnyi wo hagati yabwiye Newcastle ko yifuza kwerekeza muri Arsenal, iherutse kwegukana Premier League, mu gihe yatanga amafaranga Newcastle yakwemera.
Newcastle yo irifuza ko kapiteni wayo aguma muri iyo kipe.
Uyu mukinnyi mpuzamahanga w’umuna- Burazil asigaranye imyaka ibiri ku masezerano ye, kandi harimo ingingo iha Newcastle uburenganzira bwo kongeraho undi mwaka umwe.







