
Kuri uyu wa kabiri tariki ya 4 Kanama 2026, Gor Mahia SC na Al Hilal zakinnye 1/2 cya CECAFA Kagame Cup 2026, birangira Al Hilal isezerewe kuri penelite.
Ni umukino watangiye ku isaha saa Cyenda, akipe zambi zatangiye umukino zihabwa amahirwe kuko zose zitwaye neza mu mikino yari yabanje.
Iminota 15 ya mbere y’umukino wabonaga ikipe zombi zisa nizigana ariko zinyuzamo zigasatirana buri imwe ikagera imbere y’izamu ry’iyindi.
Ikipe ya Gor Mahia yari yokeje igitutu izamu rya Al Hilal SC byaje gutuma ku munota wa 34 Ebuela wa Al Hilal yitsinda igitego cy’umutwe nyuma yokwibwira ko awuhaye umuzamu kumbi we yamaze gusohoka.
Ikipe ya Al Hilal SC yahise ijya ku gitutu cyo Kurwana no kureba ya kwishyura iki gitego ndetse byaje no kuyihira kuko ku munota wa 44 Ansumana ku mupira yari aherewe ku ruhande rw’ibumoso yawinjiranye neza maze ahita atsinda igitego cyo kwishyura.
Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye ikipe zombi zinganya igitego kimwe kuri kimwe.
Igice cya kabiri cyatangiye ikipe zombi zirwana no kubona igitego, ku munota wa 63 Gor Mahia yakoze impinduka 2 icyarimwe aho Paul Ochuoga na Ben Stanley Omond binjiye mu kibuga basimbuye Juma na Siraj Zakar.
Nyuma y’iminota 10 Gor Mahia ikoze impinduka 2 ku munota wa 73 yongeye gukora izindi mpinduka 2 aho Dwang na Lesly binjiye mu kibuga basimbuye Machaka na David Okoth.
Iminota 90 isanzwe y’umukino yarangiye ikipe zombi zinganya igitego kimwe kuri kimwe ndetse n’iyinyongera, umusifuzi Okello yahise ashyiraho iminota 30 y’inyongera nkuko itegeko ribiteganya ko amakipe iyo anganyije muri 1/2 hongerwaho iminota 30 yarangira zikinganya hageterwa za Penalite.
Ku munota wi 100 Dwang winjiye mukibuga simbuye yahawe ikarita y’umutuku, iminota 20 isigaye Gor Mahia yayikinnye ari abakinnyi 10 ariko ikipe ya Al Hilal ntiyabashije kuyifatirana ngo iyibone mo igitego cy’insinzi.
Iminota 30 yarangiye ikipe zombi zananiwe gutsindana maze hitabazwa za penalite, ikipe ya Gor Mahia niyo yabanje gutera penaliteya mbere ndetse inarayirata ikipe zombi zarinze zigera kuri penalite ya Kane Al Hilal ariyo iri imbere kuko Gor Mahia yo yari yamaze kurata iya mbere.
Emest Luzaro niwe warase penalite ya 5 ya Al Hilal, maze batangira kwiyongeza maze bageze ku ya 7 yatewe na Otieno Owino arayirata ni mugihe kandi na Al Hilal yarase iya 7 yatewe hejuru y’izamu n’umuzamu Farid Odraogo.
Gor Mahia yinjijeneza penalite yayo ya 8 ni mugihe Moussa Houssein wa Al Hilal yayirase maze Gor Mahia ihita ikatisha itike ya Final kuri penalite 8 kuri 7 za Al Hilal.
Gor Mahia izakina umukino wa nyuma n’ikipe irakomeza hagati ya Jamus na Rayon sports zikina mukanya ku isaha ya saa moya 19h00.
Al Hilal SC yasezerewe ni umuterankunga wiri rushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026, kuko yatanze ibihumbi 100 by’amadirali ya Leta z’Unze Ubumwe za Amerika.








