
Kuri uyu wa 2 Gicurasi 2026, nibwo Umuvugizi w’Ibiro bya Perezida wa Tanzania, Bakari S. Machumu, yatangaje ko Perezida Kagame azaganira mugenzi we, Dr. Suluhu Hassan.
Perezida Kagame aragirira uruzinduko rw’akazi muri Tanzania nyuma y’urwo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Tanzania, Mahamoud Thabit Kombo, yagiriye mu Rwanda mu mpera za Werurwe 2026, rwari rugamije guteza imbere ubufatanye.
Uru ruzinduko rw’umunsi umwe muri Tanzania ruraba kuri iki Cyumweru tariki ya 3 Gicurasi 2026.
SOMA:Perezida Kagame yashimangiye ubuhangange bw’abanyarwanda
Ni uruzinduko Umukuru w’Igihugu azagirana ibiganiro na mugenzi we wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, baganira ku mikoranire y’inyungu z’ibihugu byombi.
U Rwanda na Tanzania bifitanye amasezerano menshi y’ubufatanye mu nzego zirimo ubucuruzi, ubuhinzi, umutekano, ikoranabuhanga, ubwikorezi no guteza imbere inganda, yasinywe mu bihe bitandukanye.






