
Ikipe ya Rayon sports yatangaje ko yasinyishije rutahizamu w’Umunya-Cameroon witwa Herman Junior Kameni w’imyaka 25 y’amavuko.
Ku mugoroba wo kuri iki cyumweru tariki ya 12 Nyakanga 2026 ku isaha ya sa Kumi n’imwe, nibwo ikipe ya Rayon sports yatangaje ko yamaze kwibikaho rutahizamu mushya Junior Kameni.
Uyu rutahizamu yakinnye mu makipe menshi atandukanye ariko higanjemo ayo mu Barabu ndetse no muri Asia ariyo:Union Touarga, FUS Rabat, Næstved BK (loan), FC Kaisar, Sharjah FC na Khor Fakkan FC yakiniraga mbere y’uko aza muri Rayon sports.
Uyu mukinnyi kandi yanigeze guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu ya Cameroon, ubwo aheruka mu kibuga yakinnye imikino 16 atsindamo ibitego 5.
Kameni azwiho gukinisha ikirenge cy’ibumoso kuko kirusha ukw’indyo.
Uyu rutahizamu asinyiye Rayon sports nyuma y’igihe gito iyi kipe itangaje ko yasinyishije umunyezamu mushya nawe ukomoka muri Cameroon witwa Dande Junior.




