
Kumara igihe kinini cyane kuri interineti bifitanye isano no kugira umunaniro mwinshi wo mu mutwe, kumva umeze nabi, no kwirengagiza indi mirimo cyangwa ibikorwa by’ingenzi, nk’uko bigaragazwa n’ubushakashatsi bushya buherutse gukorwa.
Ubwo bushakashatsi bwakozwe n’abashakashatsi bo muri Kaminuza ya Duisburg-Essen, bukaba bwaratangajwe mu kinyamakuru cya siyansi PLOS One. Bwakorewe ku Badage 900 bakuze mu mwaka wa 2025, bose bavuga ko nibura rimwe mu mwaka ushize bakoze kimwe muri ibi bikorwa kuri interineti: gukina imikino yo kuri interineti, kureba amashusho y’urukozasoni, gukoresha imbuga nkoranyambaga, cyangwa guhaha kuri interineti.
Hakurikijwe inshuro bakoreshaga interineti, uburyo bwabo bwo kuyikoresha bwashyizwe mu byiciro bitatu: gukoresha mu buryo bukabije cyane (pathological), gukoresha mu buryo bushobora guteza ikibazo (risky), cyangwa gukoresha mu buryo busanzwe butagira ikibazo (non-problematic). Ubushakashatsi bwasobanuye ko gukoresha interineti mu buryo buteza ikibazo ari ukuyikoresha bikabije kugeza aho bitangira kubangamira imikorere ya buri munsi cyangwa bikagutera ihungabana.
Abitabiriye ubushakashatsi basabwaga kuzuza isuzuma buri mugoroba mu gihe cy’ibyumweru bibiri. Bavugaga uko bamerewe mu mutwe, urugero rw’umunaniro bafite, irari cyangwa ubushake bwo kongera kujya kuri interineti, n’igihe cyose bamaze bayikoresha uwo munsi. Hanapimwe uko bishimiraga kuyikoresha n’uko byatumaga birengagiza ibindi bikorwa.
Ubushakashatsi bwagaragaje ko abafite ikibazo gikomeye cyo gukoresha interineti mu buryo bukabije bakunze kugira agahinda cyangwa kumva bamerewe nabi, bakagira umunaniro mwinshi, bakamara igihe kinini kuri interineti kandi bakirengagiza izindi nshingano cyangwa ibikorwa by’ubuzima.
Bwanagaragaje ko icyatumaga abantu bakomeza kujya kuri interineti cyane cyane ari irari rikomeye ryo kuyikoresha, mu gihe ibyiyumvo byo kwishima cyangwa kumva baruhutse byabaga impamvu zibashishikariza gukomeza iyo myitwarire.
Andreas Oelker, umwe mu banditsi b’ubwo bushakashatsi, yagize ati “Ikirenze umunaniro cyangwa uko umuntu amerewe mu mutima ni ubushake bukomeye bwo kujya kuri interineti mu kanya runaka ari bwo bugena niba umuntu ayikoresha, kandi bikamuzanira inyungu cyangwa ingaruka mbi.”
Yongeyeho ati “Kumenya impamvu zituma abantu bafite ibyago byo gukoresha interineti mu buryo bukabije bayijyaho mu bihe runaka ni ingenzi mu gutegura uburyo bwiza bwo kubikumira no kubivura. Ibyavuye mu bushakashatsi byerekana ko gufasha abantu kumenya no kugenzura ibihe bagira iryo rari bishobora kurusha akamaro kwibanda gusa ku munaniro cyangwa uko bamerewe.”
Ibyavuye mu bushakashatsi byemeje igitekerezo cy’abashakashatsi ko umunaniro wa buri munsi, uko umuntu amerewe mu mutima, n’irari ryo kujya kuri interineti bishobora gukoreshwa mu guhanura igihe umuntu azayimara buri munsi. Byanerekanye kandi ko ibyo bintu bigira ingaruka ku byishimo umuntu akura mu kuyikoresha, ku kumva aruhutse, no ku kwirengagiza ibindi bikorwa.
Abashakashatsi bashimangiye ko atari uburyo bwose bwo gukoresha interineti bugira ingaruka mbi, ahubwo ikibazo kiri mu kuyikoresha mu buryo bukabije cyangwa butagenzurwa.
Silke M. Müller, undi mwanditsi w’ubwo bushakashatsi, yagize ati:
“Turashaka kwibutsa ko ari umubare muto cyane w’abakoresha interineti ugira ikibazo gikomeye cyo kuyikoresha mu buryo bukabije. Gukoresha interineti bishobora gutanga ibyishimo, imyidagaduro cyangwa kugabanya umunaniro, igihe gusa bitatuma umuntu ahora yirengagiza ibindi bice by’ingenzi by’ubuzima.”
Yakomeje avuga ko ibyo bice by’ingenzi birimo inshingano za buri munsi, siporo, kumara igihe hanze, no kumarana igihe n’inshuti, kuko byose bifasha kugira ubuzima bwiza n’imibereho myiza.
Nubwo ubashakashatsi bigaragaza ibi ntiwakwibagirwa ko hari nabirirwa kuri Murandasi kubera gahunda z’akazi.







