
Rutahizamu w’Umunyarwanda, Emeran Noam, yamaze gutandukana na FC Groningen yo mu cyiciro cya mbere mu Buholandi, nyuma y’imyaka itatu yari ayimazemo.
Noam Emeran, uheruka gufata icyemezo cyo gukinira Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, yageze muri FC Groningen mu 2023 avuye muri Manchester United, aho yakiniraga ikipe y’abatarengeje imyaka.
Nubwo yari afite impano ndetse yari yitezweho byinshi, urugendo rwe muri FC Groningen ntirwagenze neza cyane, ahanini kubera imvune zakunze kumubuza gukina no kubona umwanya uhagije mu kibuga.
Mu rwego rwo gushaka umwanya wo gukina, Emeran yaje gutizwa muri FC Emmen, ayikinira mu gice cya kabiri cya shampiyona ya 2025-2026.
Kuri ubu, FC Groningen yatangaje ko yumvikanye na Emeran Noam gusesa amasezerano bari bafitanye, bityo uyu mukinnyi akaba ari umukinnyi wigenga ushobora gushaka indi kipe akinira.
Iyi kipe yamwifurije ibyiza mu rugendo rwe rushya, igira iti:
“FC Groningen yumvikanye na Noam Emeran ku gusesa amasezerano. Noam, turagushimira umusanzu watanze mu ikipe kandi tukwifurije amahirwe mu rugendo rwawe.”
Emeran Noam yahamagariwe bwa mbere mu Mavubi muri Gicurasi 2026, nyuma yo kwemeza ko azakinira u Rwanda ku rwego mpuzamahanga.
Ubu ari mu bakinnyi bitezwe guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu izitegura imikino izahuramo na Liberia na Cape Verde.
Nyuma yo gutandukana na FC Groningen, amakuru avuga ko Emeran Noam ashobora kongera kwerekeza muri FC Emmen, yari yaratijwemo mu mwaka ushize, aho bishoboka ko yasinyayo amasezerano ahoraho.



![Sylvestre T yahaye ubutumwa abacitse intege mu ndirimbo nshya yise ‘Wamutima’[VIDEO] 17 IMG_20260901_010155_948](https://3dtvrwanda.com/wp-content/uploads/2026/08/IMG_20260901_010155_948.png)
