
Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yababariye uwahoze ari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu, Anita Annet Among, anategeka ko ikurikiranwa ry’urubanza rwari rwatangiye kumukurikirana mu nkiko rihagarikwa.
Ibi byatangajwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, wavuze ko Museveni yafashe icyemezo cyo kubabarira Among nyuma y’uko yari amaze iminsi irenga 100 afungishijwe ijisho iwe.
Anita Among yari amaze igihe akurikiranwa n’inzego z’umutekano kubera ibirego bifitanye isano na ruswa ndetse n’uburyo yakungahaye n’umutungo afite.
Gen. Muhoozi yatangaje ko Among atazongera gukurikiranwa mu nkiko, nyuma y’uko umuntu witwa Joshua Kamusiime amubajije ku rubuga rwa X niba urubanza rwe ruzakomeza.
Kamusiime yagize ati: “Ese ikurikiranwa ry’urubanza ruzakomeza?”
Muhoozi amusubiza ati: “Oya. Ntabwo tuzakurikirana AAA. Yakoze amakosa, ariko Mzee yafashe icyemezo cyo kumubabarira.”
Iri tangazo rije nyuma y’amabwiriza Museveni yari amaze guha Gen. Muhoozi yo kurekura Anita Among wari umaze amezi arenga atatu afungishijwe ijisho.






