
Polisi yo muri Peru yatangaje ko abantu 13, barimo na ba mukerarugendo baturutse mu bindi bihugu, bapfiriye mu mpanuka y’indege yabereye mu majyepfo ya Peru hafi y’ahazwi nka Nazca Lines.
Abayobozi b’akarere ka Nazca bemeje ko ba mukerarugendo 11 n’abapilote babiri bapfuye ubwo indege yo mu bwoko bwa Cessna Grand Caravan yagwaga mu gace ka Pueblo Viejo, nko ku bilometero 6 uvuye mu mujyi wa Nazca ndetse hafi y’ibilometero 12 uvuye ahari Nazca Lines.
Abari muri iyo ndege bari barimo Abataliyani barindwi, Abadage babiri bikekwa ko bari umugabo n’umugore, ndetse n’Abanyesipanyoli babiri. Umupilote n’umwungirije bitwaga Americo Salazar Cuellar na Irenka Del Carpio.
Iyo ndege yari yahagurutse mu mujyi wa Pisco saa saba z’amanywa ku isaha yaho, igamije kuzenguruka ikirere ireba Nazca Lines. Nyuma y’iminota mike gusa, yabuze itumanaho n’umunara ugenzura ingendo z’indege, maze igwa saa saba n’iminota makumyabiri, nk’uko polisi yabitangaje.
Icyateye iyo mpanuka ntikiramenyekana, ariko inzego zibishinzwe zatangiye iperereza kugira ngo hamenyekane impamvu yayo.
Umuyobozi mukuru wa Polisi, Jorge Andrade, yavuze ati: “Dufite amakuru yemeza ko abagenzi 11 n’abakozi babiri b’indege bapfuye. Urebye ubukana bw’iyi mpanuka, nta muntu n’umwe wayirokotse. Kugeza ubu tumaze gukura imirambo ine ahabereye impanuka.”
Amashusho yafashwe n’abanyamakuru agaragaza abazimyamoto na polisi bakorera hagati y’ibisigazwa by’iyo ndege byari bikirimo gushya mu butayu. Hari n’amafoto agaragaza imirambo iri ku musenyi.
Iyi mpanuka si yo ya mbere ibereye muri aka gace k’Umurage w’Isi wa UNESCO, gasurwa n’ibihumbi n’ibihumbi by’abakerarugendo buri mwaka. Ibigo byinshi bitwara ba mukerarugendo mu ndege bibajyana kureba Nazca Lines, ariko hakomeje kugaragazwa impungenge ku mutekano no ku isuzumwa ry’izo ndege.
Mu mwaka wa 2022, indi mpanuka y’indege nto yahitanye abantu barindwi, barimo Abanya-Chile babiri n’Abaholandi batatu. Mu Ukwakira 2010, ba mukerarugendo bane b’Abongereza n’abakozi babiri b’indege b’Abanya-Peru bapfuye nyuma y’uko indege ya AirNasca iguye ivuye kuzenguruka Nazca Lines. Mbere yaho muri uwo mwaka, Abanya-Chile batatu n’Abanya-Peru bane bapfuye mu mpanuka y’indege ya Cessna 206. Mu Mata 2008 na bwo, ba mukerarugendo batanu b’Abafaransa bapfuye mu yindi mpanuka, ariko umupilote we ararokoka.
Mu itangazo ryasohowe ku wa Gatandatu, ubuyobozi bw’umujyi wa Nazca bwagize buti: “Iperereza ku mpanuka no kugenzura imikorere y’ingendo zo mu kirere ni inshingano z’inzego zibifitiye ububasha, ari na zo zizagena icyateye impanuka ndetse n’uburyozwe hakurikijwe amategeko.”
Minisiteri y’Ubukerarugendo ya Peru na yo yatangaje ko ibabajwe cyane n’urupfu rubabaje rw’abakerarugendo n’abakozi b’indege.
Nazca Lines ni ibishushanyo binini byabajwe ku butayu, birimo ishusho y’inyoni yitwa hummingbird, inkende n’ifi nini yitwa whale. Ibi bishushanyo bigaragara neza gusa iyo birebwe biri mu kirere.







