
Jules Karangwa umuyobozi mukuru wa BK PRO LEAGUE yatangaje ko amahirwe menshi angana na 90% amakipe yo muri Sudan Al Hilal na Al Merrikh zizakina shampiyona yo mu Rwanda ( BK PRO LEAGUE) mu mwaka w’imikino wa 2026-2027.
Aya makipe yombi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda mu mwaka w’imikino wa 2025/26 nyuma y’uko Sudani ikomeje guhura n’ibibazo by’umutekano byatumye ibikorwa bya siporo bihungabana muri icyo gihugu.
Kuba yarakiniye mu Rwanda byabaye inyungu ikomeye kuri BK Pro League kuko yazanye ihangana rikomeye, ubunararibonye mpuzamahanga ndetse n’ubwitabire bw’abafana.
Nubwo bimeze gutyo, Karangwa yavuze ko icyemezo cya nyuma kitazafatwa n’ayo makipe cyangwa Rwanda Premier League yonyine, ahubwo ko kizaterwa n’ibiganiro bizakomeza hagati y’ayo makipe n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Sudani rishaka kongera gusubukura shampiyona y’imbere mu gihugu.
Kuri ubu Al Hilal Omdurman na Al Merrikh bari muri Sudani aho bakomeje gukina imikino ya kamarampaka izatanga amakipe ane azahagararira icyo gihugu mu marushanwa ya CAF Champions League na CAF Confederation Cup mu mwaka utaha.
Mu gihe ibiganiro biri kuba byatanga umusaruro, aya makipe ashobora kongera kugaragara muri BK Pro League mu mwaka w’imikino wa 2026/27, ibintu byakomeza gutanga umusanzu ukomeye mu iterambere ry’umupira w’amaguru mu Rwanda.



