Nta muntu utarabonaga ko abahanzikazi barimo Alyn Sano, Ariel Wayz na Bwiza bari bamwe mu bahanzikazi bafite impano zidasanzwe benshi bibwiraga ko bagiye gukora ibyo undi muhanzikazi w’umunyarwanda atigeze akora ariko uko iminsi ishira hakaba hagenda hibazwa irengero ryabo.
Benshi bakomeje kwibaza impamvu mu Rwanda nta muhanzikazi ukimara igihe kirekire akora umuziki cyane ko nubigerageje nyuma y’igihe gito atangira kuburirwa irengero hakibazwa impamvu ibyihishe inyuma.
Mu Rwanda twagiye tugira abahanzikazi batandukanye aho mu bagerageje kumara igihe kirekire bahozaho mu muziki ari bake cyane aho mu babigerageje harimo Knowless, Oda Paccy, Queen Cha nibura aribyo usanga baramaze imyaka itanu bahozaho gusa muri iki gihe ukaba usanga umuhanzikazi gukora imyaka itatu ahozaho ari ibintu ibintu bikomeye cyane.
Ibi rero bituma benshi bakomeza kwibaza niba abahanzikazi bo mu Rwanda baza mu muziki hari ibindi bashakamo bamara kubibona bakareka umuziki cyangwa se niba hari izindi mbogamizi bahura nazo zidakunda kujya ahagaragara.
