
Enrique Riquelme uhanganye na Florentino Perez mu matora yo kuyobora Real Madrid yatangaje ko naramuka atorewe kuba umuyobozi ikintu cya mbere azakora ari ukugura rutahizamu Erling Haaland wa Manchester City ndetse na na mugenzi we bakinana Rodri nibimunanira ngo azishyura amafaranga yose y’abasocios batanga buri mwaka y’ubunyamuryango.
Enrique Riquelme ikomeje guhanganira umwanya wo kuyoboraikipe ya Real Madrid yatangaje ko nibaramuka bamugiriye ikizere bakamutora icyifuzo cye Ari uguhita agira abakinnyi bakomeye cya ba Manchester City aribo Halaand na Rodri.
Nkuko Enrique Riquelme yabitangaje akaba yagize ati ” nimuramuka mungiriye ikizere mukantora, Rutahizamu Haaland nzahita mugura muri Manchester city adukinire umwaka utaha w’imikino ndetse ntabwo ari Haaland gusa ahubwo azazana na RODRI “.
Gusa ikipe ya Manchester City ndetse n’abahagarariye Halaand bakaba babiteye utwatsi ndetse baboneraho no kumumenyesha ko uyu mukinnyi atagurishwa.




