
Umuhanzi Kirikou Akili yajyanywe Kwa muganga igitaraganya nyuma yo gufatwa n’indwara igitaraganya aho amakuru ahari yemeza ko yarozwe ariko imana igakinga ukuboko aho hahise hiyambazwa imbangukiragutabara yamujyanye mu bitaro bya “Hopital Saint Philibert”.
Kirikou Akili uri mu bahanzi bagezweho muri iyi minsi i Burundi arembeye mu Bufaransa aho amaze iminsi. Bivugwa ko yarozwe Aho uyu muhanzi agifatwa yahise ajyanwa kwa muganga ikitaraganya ndetse ubu ari gutora agatege.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa 7 Kamena 2026 ni bwo Kirikou yagiriye ikibazo mu Mujyi wa Lille aho yari amaze iminsi, hahita hiyambazwa imbangukiragutabara yamujyanye mu bitaro bya “Hopital Saint Philibert” ndetse yuma yo kugezwa ku bitaro akitabwaho n’abaganga ku mugoroba w’uyu munsi yari yongeye gutora agatege nubwo atahise ataha.
Nkuko uwari hafi ya kirikou yabitangarije ikinyamakuru igihe akaba yatangajeko uyu muhanzi yagize ikibazo cyo kurogwa ariko ku bw’amahirwe yitaweho n’abaganga aho yagize ati “Bamuhumanyije ariko Imana yahabaye, mu gitondo yari ameze nabi cyane ariko Imana yahabaye aroroherwa. Ubu uko biri ameze neza.”






