
Lionel Messi akomeje kwandika amateka akomeye aho yamaze kwinjira ku rutonde rw’abakire batunze miliyari y’amadorari y’Amerika umutungo we ubarirwa muri miliyari $1.1 nk’uko byatangajwe na Forbes.
Umunya-Argentine akaba umwe mu bakinnyi b’umupira w’amaguru bakomeye mu mateka, Lionel Messi, yamaze kwinjira ku rutonde rw’abanyamiliyari ku Isi nyuma y’uko umutungo we ubarirwa muri miliyari $1.1 nk’uko byatangajwe na Forbes.
Messi, ukinira Inter Miami CF, ageze kuri uru rwego rw’umutungo abikesha amasezerano akomeye yagiye agirana n’amakipe atandukanye, amasezerano yo kwamamaza ibigo bikomeye ku Isi, ndetse n’ishoramari rye mu mishinga inyuranye y’ubucuruzi.
Mu myaka ishize, Messi yinjije amafaranga menshi akinira amakipe arimo FC Barcelona, Paris Saint-Germain na Inter Miami. Uretse umushahara, yanungukiye cyane mu masezerano yagiranye n’ibigo bikomeye birimo Adidas, PepsiCo na Apple Inc.



