
Perezida Yoweri Kaguta Museveni yarahiriye kuyobora Uganda muri manda ya karindwi y’imyaka itanu, izasozwa muri Gicurasi 2031. Ayobora icyo gihugu kuva mu 1986.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Gicurasi 2026, ahitwa Kololo Ceremonial Grounds niho Museveni yarahiriye mu muhango yaragaragiye n’abarimo umuhungu akaba n’umugaba mukuru w’ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba.
Museveni w’imyaka 81 yatsinze amatora yabaye ku wa 15 Mutarama 2026 ku majwi 71.6%, aza imbere y’abakandida umunani barimo Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine wo mu ishyaka National Unity Platform (NUP), na Nathan Nandala Mafabi wo mu ishyaka Forum for Democratic Change (FDC).
Uyu muhango wanitabiriwe n’abayobozi b’ibihugu batandukanye, ku ruhande rw’u Rwanda rwo rwahagarariwe na Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva.







