
Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziri gukurikiranira hafi uko indwara ya Hantavirus iherutse kugaragara muri bimwe mu bihugu ihagaze.
Dore ibyo ukwiye kumenya kuri iyi ndwara kugira ngo dukomeze kwirinda.
Hantavirus ni indwara iterwa na virusi zikunze kuba mu ngugunnyi/inkegesi (rodents) cyane cyane imbeba. Abantu bashobora kwandura binyuze mu:
Guhumeka umwuka wandujwe n’inkari, ibisigazwa, cyangwa amacandwe y’ingugunnyi/Inkegesi.
Gukora ahantu handuye umuntu akikora ku munwa, ku zuru, cyangwa mu maso;Kurya cyangwa kunywa ibiribwa n’amazi byanduye.
Ubwoko bwa virusi yagaragaye muri iki cyorezo bwitwa Andes virus. Ni bwo bwoko bwonyine bwa Hantavirus buzwi bushobora kwandura hagati y’abantu, n’ubwo biba gake cyane kandi bigasaba kuba abantu bicaranye umwanya muremure cyane kandi begeranye.
Iyi ndwara imaze kugaragara cyane mu bihugu nk’u Bushinwa, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Argentina na Chile, igira ibimenyetso birimo kugira umurimo mwinshi no gutitira, kubabara umutwe, kubabara imikaya no mu ngingo, umunaniro, kuribwa mu nda no kugira isesemi no kuruka.







