
Ikipe ya Al Hilal SC yegukanye igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda (BK Pro League) yatsinze kenshi amakipe bahuraga gusa hakaba n’ayirwanagaho akayikuraho intsinzi cyangwa bakanganya.
Aya arimo Mukura VS, Rutsiro FC, Marine FC banganyije imikino yombi, Rayon Sports, Kiyovu Sports na Police FC.
Ikipe ya APR FC ifite ibikombe byinshi mu Rwanda ntiyigeze ibasha gutsinda umukino cyangwa ngo inganye na Al Hilal ndetse nta n’igitego yigeze yinjiza mu izamu ryayo kuko mu mikino ibiri yayitsinze ibitego 6-0.
APR FC iza hafi ku rutonde rwa shampiyona mu makipe yo mu Rwanda nyuma ya Al Hilal SC, n’ubwo bisa n’aho ari zo zihanganye, iyi kipe yo muri Sudani yatwaye igikombe cya shampiyona yaranagoye cyane ikipe y’ingabo z’igihugu mu mikino ibiri bahuye.






