
Umukinnyi Andrés Iniesta wakoze ibigwi bikomeye mu ikipe ya FC Barcelone ubwo yakinaga mu kibuga hagati agiye gutangirira urugendo rwe rw’ubutoza mu ikipe ya Gulf United yo mu cyiciro cya mbere muri shampiyona yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.
Iniesta amaze igihe yitegura uyu mwuga, aho yagiye akurikirana amasomo y’ubutoza ndetse no mu ntangiriro z’uyu mwaka akaba yaragiye avugwa mu biganiro byo gufasha amakipe atandukanye.
Uyu mugabo w’imyaka 41, wamamaye cyane muri FC Barcelone, yagiye ashimangira ko yifuza gukomeza kugira uruhare muri ruhago nk’umutoza.
Kuri ubu, ntabwo ari mu buyobozi bw’ikipe ya FC Helsingør yo muri Danimarque gusa, ahubwo agiye no gufatanya n’iyi kipe ya Gulf United nk’umutoza mukuru.




