
Rurangiranwa muri ruhago y’Isi Cristiano Ronaldo yegukanye igikombe cya shampiyona ya Saudi Arabia ku nshuro ya mbere kuva yagera muri Al-Nassr mu 2022.
Mu mukino batinzemo Damac banatwara igikombe, Cristiano yatsinze igitego kuri kuvura yagiye mu rushundura ntawuyikozeho ku munota wa 63 ndetse yongera gutsinda ikindi ku munota wa 81.
Muri uyu mukino Sadio Mane akaba ari we wabanje gutsinda igitego ku munota wa 34, maze ku munota wa 52 Kingsley Coman atsinda icya kabiri.
SOMA:Nyina wa Cristiano yarenze ku mategeko y’umuhungu we
Igitego cya gatatu n’icya kane byose byatsinzwe na Cristiano Ronaldo.Ibi bitego byose byatumye uyu mugabo yuzuza ibitego 973 atsinze kuva yatangira gukina nk’uwabigize umwuga.
Iki gikombe kandi Cristiano atwaye kibaye icya 37 atwaye nk’umukinnyi haba mu makipe agera kuri atanu yakiniye ndetse n’igihugu cye Portugal.






