
Ikipe ya Sunrise FC yegukanye igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya kabiri nyuma yo gutsinda Etoile de l’Est FC ibitego 2-1, mu mikino ya nyuma ya kamarampaka.
Iyi kipe yo mu Ntara y’Iburasirazuba yahise izamuka mu cyiciro cya mbere ijyanye na Unity FC, yageze muri iki cyiciro ku nshuro yayo ya mbere mu mateka. Sunrise yaherukaga mu cyiciro cya mbere mu mwaka w’imikino wa 2023/24.
SOMA:APR FC na Rayon Sports zongeye guhurira ku mukino wa nyuma
Sunrise FC nyuma yo kwegukana igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya kabiri yashyikirijwe sheki ya miliyoni 25 Frw ku nshuro ya mbere kuva ibihembo byazamurwa.
Aya mafaranga iyi kipe yahawe aherekeza igikombe niyo yahabwa ikipe yatwaye igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu myaka micye ishize, uretse ko uyu mwaka wa 2025/26 hazatangwa miliyoni 80 Frw.






