
Umuhanzi wiyeguriye gukora umuziki gakondo w’Abanyarwanda Jules Sentore yatangaje ko agiye gukora igitaramo yitiriye album ye “UMUDENDE” imaze iminsi iri hanze.Ni igitaramo kizabera muri Kigali Universe ku wa Gatanu tariki 26 Gicurasi 2026.
Iki gitaramo gitandukana n’uko benshi bacyumva ko ari icyo kumurika album “Umudende”, ahubwo Sentore we akavuga ko ari igitaramo gisanzwe cyo gutaramana n’abakunzi be imbonankubone.
Mu kiganiro yagiranye na 3D TV RWANDA, yagize ati “Yewe ni Live Concert ntabwo ari ukumurika album.”
SOMA:Abahanzi baceceka batumye imyidagaduro idashyuha-Bruce Melodie
Album Umudende uyu muhanzi aheruka gushyira hanze, iriho indirimbo nka “Rutemikirere”, “Ikirenga”, “Urumamo”, “Inka” yakoranye na Rugaba, “Inkuru y’Abahungu”, “Juru ry’Inyamibwa”, “Umutasi”, “Indamutsa” yakoranye na Bakuri, “Karimi”, “Usa n’u Rwanda”, “Minwanziga” na “Nkuyo” yakoranye na Nkuba.
Jules Sentore yaherukaga gukora igitaramo cye bwite mu 2019 icyo yari yise ‘Inganzo Yaratabaye’ cyabereye muri Camp Kigali, aho Intore Massamba yamuragije injyana injyana gakondo y’Abanyarwanda.





