Mu mukino w’ishyiraniro wahuzaga Arsenal na Manchester City umukino wari ufite byinshi usobanuye urangiye ikipe ya Arsenal ikomeza kubura igikombe ikireba nyuma yo gutsindwa ibitego 2-1 igasigara irusha Manchester City amanota atatu kandi ifite umukino w’ikirarane.
Imyaka ibaye myinshi Arsenal igerageza uko ishoboye ngo yegukane igikombe cya shampiyona ariko bikarangira ikibuze ku munota wa nyuma ibintu bishobora kwisubiramo nuyu mwaka nubwo benshi bayihaga amahirwe menshi yo kucyegukana.
Muri uyu mukino wari wazanyweho igikombe cya shampiyona bahatanira kihateretse mu rwego rwo kukibereka kuko Arsenal iyo itsinda uyu umukino yari kuba ifite amahirwe menshi yo kwegukana igikombe cya shampiyona nubwo Manchester City idatumye bagera ku byishimo byabo.
Umukino w’ikirarane Manchester City ikaba izawukina na Burnley kuwa 22 Mata 2026 aho niwutsinda izahita inganya na Arsenal amanota 70 noneho hakarebwa umubare w’ibitego kuko Arsenal ubu irusha Manchester City igitego kimwe izigamye.
