
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Gicurasi 2026, Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yasuye RSSB Tigers iri mu myiteguro ya nyuma y’imikino ya kamarampaka y’Irushanwa rya BAL riri kuba ku nshuro ya Gatandatu.
Minisitiri Mukazayire yashishikarije abakinnyi b’iyi kipe ihagarariye u Rwanda, gukomeza kugaragaza umurava n’ubwitange mu kibuga, anabifuriza kuzitwara neza.
RSSB Tigers izahura na Fath Union Sport de Rabat yo muri Maroc ku wa Gatanu saa 19:00 no ku Cyumweru saa 18:00 muri BK Arena.
Iyi mikino ya nyuma ihuza amakipe yitwaye neza mu mukino wa Basketball muri Afurika, irabera i Kigali kuva tariki 22 kugeza 31 Gicurasi 2026.







