Umuhanzi Bruce Melodie yemereye Samusure ko agiye kumucyura akava mu mahanga aho yari yarahungiye ibibazo by’amadeni yari afite mu Rwanda.
Ibi byabaye mu ijoro ryakeye ku wa 27 Ukuboza 2025, ubwo Bruce Melodie na Kalisa Ernest wamamaye muri sinema nyarwanda nka Samusure, bahuriraga mu kiganiro cyo ku mbuga nkoranyambaga cyari kiyobowe n’uwiyita GodFather.
Samusure yisabiye Bruce Melodie ko yamufasha akamuha itike imucyura mu Rwanda, akava imahanga aho yahungiye ibibazo byari bimwugarije. Bruce Melodie na we mu kumusubiza yahise amwemerera atazuyaje.
Kalisa Ernest wamamaye nka Samusure, Makuta n’andi yavuye mu Rwanda ahungira muri Mozambique nyuma yo gutinya gufungwa bitewe n’amadeni yari afitiye abantu agera kuri miliyoni 7 Rwf nk’uko yigeze kubyivugira.
Aya mafaranga yose yavugaga ko ari ayo yaguzaga abantu ngo ashore muri filimi ye “Makuta” yaje kumuhombera.
Ku wa 22 Ukuboza 2022, Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwaje gukatira Kalisa Erneste imyaka ibiri isubitse mu mwaka umwe ndetse n’ihazabu y’amafaranga 3,000,000 Rwf, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gutanga sheki itazigamiye.



