
Nyuma y’uko ikipe ya Al Merrikh SC itangaje ko itazitabira irushanwa rya CECAFA Kagame Cup hamenyekanye ikipe yahise iyisimbura.
Kuri uyu wa Kane nibwo hamenyekanye amakuru avuga ko ikipe ya Tusker FC yo muri Kenya ariyo yasimbuye El Merrikh SC yikuye muri iri rushanwa.
Iyi kipe ya Tusker FC itozwa na Julien Mette watoje ikipe ya Rayon sports mu 2023, iyi kipe kandi ikinamo n’abandi bakinnyi bakinnye hano mu Rwanda Pavel Ndzira wakiniye APR FC ndetse na Rayon sports ndetse na Victor Mbaoma wakiniye APR FC. Iyi kipe kandi niyo yatwaye igikombe cy’igihugu cya Mozart Cup bivuze ko iyi kipe izitabira imikino ya CAF confederation Cup.
Iyi kipe yamaze kumenyesha abakinnyi bayo bose ko bagomba kwitegura kuza i Kigali Rwanda gukina irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026, rizatangira tariki ya 24 Nyakanga 2026 kugeza tariki ya 7 Kanama.
Tombola ya CECAFA Kagame Cup itegenijwe kuba kuri uyu wa Gatanu kuri Sitade Amahoro ku isaha ya sayine za mugitondo.
CECAFA Kagame Cup ya 2026 izitabirwa n’amakipe 12 ariyo APR FC, Rayon Sports, Simba SC, Singida Black Stars, Vipers SC, Al Hilal, Tusker FC, Gor Mahia, Mogadishu City FC, Jamus FC, FC Garde Républicaine and KVZ FC.




