
Umukinnyi wo hagati w’Umunya Portugal Bernardo Silva wari usoje amasezerano mu ikipe ya Manchester City yamaze gusinya amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Real Madrid aho uyu mukinnyi umutoza José Mourinho yagaragaje ko amwifuza nk’umwe mu bakinnyi b’ibanze mu mushinga we mushya muri iyi kipe.
Ikipe ya Real Madrid yatangaje ko yasinyishije Bernardo Silva wari usoje amasezerano muri Manchester City aho uyu mukinnyi mu kibuga hagati yitezweho gufasha Jose Mourinho kuyobora benshi mu bakinnyi ba Real Madrid bakiri bato bafite amaraso ya gisore.
Uyu mukinnyi akaba yasinye amasezerano y’imyaka ibiri, aho ikipe izaba ifite n’uburyo bwo kuyongeraho undi mwaka.
Bernardo Silva aje muri Real Madrid nyuma y’imyaka myinshi akinira Manchester City, aho yagize uruhare mu kwegukana ibikombe byinshi.



