
Nyuma yo gukora amateka ku nshuro ya mbere ikipe yo mu Rwanda ariyo RSSB Tigers ikegukana irushanwa rya BAL hagiye kubaho igitaramo cyo kwishimira icyo gikombe iki gitaramo kikaba kizabera muri KCC Roundabout taliki ya 13 Kamena 2026 kikazitabirwa n’abahanzi batandukanye.
Ikipe ya RSSB Tigers nyuma yo kwegukana irushanwa rya BAL ryabereye mu Rwanda kuri ubu hagiye kuba ibirori byo kwishimira iki gikombe cyatwawe bwa mbere n’ikipe yo mu Rwanda.
Iki gitaramo kikaba kizitabirwa n’abahanzi batandukanye barimo Ariel wayz, Juno Kizigenza ,Kenny Sol, Kivumbi King ndetse n’abandi bazifatanya n’abanyarwanda mu kwishimira icyo gikombe..
Abakunzi ba Basketball, abafana ba RSSB Tigers, abakunzi b’umuziki n’imyidagaduro, mwese murahawe ikaze mu gitaramo cyihariye kizasusurutsa imitima aho kwinjira muri iki gitaramo bizaba ari ubuntu.




