
Al Hilal yongereye amasezerano umutoza wabo Laurențiu Reghecampf nyuma yo gutwara shampiyona y’u Rwanda n’iya Sudan akanageza iyi kipe muri 1/4 cy’irangiza.
Ikipe ya Al Hilal yahisemo kongerera amasezerano umutoza wayo Laurențiu Reghecampf nyuma yo kwegukana igikombe cya shampiyona yo mu Rwanda ndetse niyo muri Sudan akabasha no kuyigeza muri 1/4 cya CAF Champions League.
Laurențiu Reghecampf akaba yarafashije cyane ikipe ya Al Hilal mu kuzamurira urwego abakinnyi ibi bikaba byatumye iyi kipe ifata umwanzuro wo kumwongerera amasezerano.
Imyiteguro y’umwaka mushya w’imikino barawutangirira kuri CECAFA Kagame Cup ibategurira Rwanda Premier League na CAF Champions League.




