
Ikipe ya Kiyovu Sports yatsinzwe urubanza rw’ubujurire yarezwemo n’umutoza Joslin Bipfubusa aho ifite kuba yamwishyuye bitarenze taliki 14 Kamena 2026 amafaranga angana na 77,530,000 frw bitaba ibyo igahagarikwa imyaka itatu itagura abakinnyi .
Joslin Bipfubusa wahoze ari umutoza wa Kiyovu Sports yatanze ikirego mu mwaka wa 2024 nyuma y’uko ikipe ya Kiyovu Sports itabashije kubahiriza amasezerano bari bafitanye kuri ubu iyi kipe ikaba ishobora gufatirwa ibihano niramuka itishyuye.
Kiyovu Sports kuri ubu isabwa kwishyura amafaranga angana na 77,530,000 frw birarenze ku wa 14 Kamena bitaba ibyo ikaba yafatirwa ibihano byo kutemererwa kugura abakinnyi mu gihe kingana n’imyaka itatu.
Joslin Bipfubusa akaba asanzwe ari umutoza ukomeye cyane mu gihugu cy’u Burundi akaba yarasezerewe na kiyovu Sports binyuranyije n’amategeko.





