
Umukinnyi wa Filime ndetse akaba na rwiyemezamirimo Dusenge Clenia wamenyekanye nka Madederi nyuma yo gutangaza ko telefone ye yinjiriwe yasabye abafana be kwirinda umuntu ukomeje gutuburira abantu yitwaje izina rye.
Madederi nkuko yabitangaje abinyujije kuri Instagram ye yagaragaje nimero ikomeje guhamagara abantu ndetse ikanabandikira ubutumwa bugufi ibaka amafaranga bitwaje izina rye.
Nkuko yabitangaje akaba yagize ati ” Telefone yanjye yarinjiriwe rero ndabasaba rwose kutagira icyo mumuha nimuyibona cyangwa akabavugisha mumwirengagize Kandi mwitondere ubutumwa cyangwa Telefone zibasaba amafaranga mu izina ryanjye “.
Muri iki gihe hakaba hakomeje kumvikana ibibazo by’ibyamamare bitandukanye aho usanga hari benshi bagenda babiyitirira bityo bakaba bakwaka abafana be amafaranga.





