
Xabi Alonso wakiniye amakipe akomeye atandukanye kuri ubu akaba ari umutoza yamaze gutangazwa nk’umutoza mushya wa Chelsea mu gihe cy’imyaka 4 iri imbere aho azatangira akazi ko gutoza iyi kipe taliki ya 01/07/2026.
Uyu Munya-Espagne w’imyaka 44 y’amavuko yari amaze igihe ari mu batoza bifuzwa n’ubuyobozi bwa Chelsea nyuma yo gutandukana na Liam Rosenior muri Mata 2026 kubera umusaruro udashimishije.
Nkuko byatangajwe na The Athletic Alonso yageze i Londres mu ibanga rikomeye mu cyumweru gishize, aho yagiranye ibiganiro bya nyuma n’abayobozi ba Chelsea birangira impande zombi zumvikanye .
Chelsea yari yanatekereje kuri Andoni Iraola wahoze atoza Bournemouth, ariko amahirwe menshi yari ari kuri Alonso bitewe n’uburambe bwe ndetse n’umupira mwiza aherutse kwerekana muri Bayer Leverkusen.
Xabi Alonso aheruka gutoza Real Madrid aho yari yarahawe amasezerano y’imyaka itatu mu mpeshyi ya 2025, gusa aza kwirukanwa muri Mutarama 2026 nyuma y’amezi arindwi gusa.






