
Nyuma yaho perezida wa Ferwafa yari yatangaje ko hazatangwa igikombe kimwe kigahabwa ikipe yabaye iya mbere muri shampiyona Rwanda Premier league yatangaje ko hazatangwa ibikombe bibiri kimwe kikazahabwa Al Hilal yabaye iya mbere muri rusange ( BK PRO LEAGUE CHAMPIONS) naho APR FC igahabwa igikombe nk’iyabaye iya mbere mu makipe yo mu Rwanda (BK PRO LEAGUE NATIONAL CHAMPIONS ).
Nubwo Ferwafa yari yatangaje ko hazatangwa igikombe kimwe Rwanda Premier league ikaba yamaze gusohora itangazo ko hazatangwa ibikombe bibiri aho kimwe kizahabwa Al Hilal nk’ikipe yabaye iya mbere muri shampiyona ikindi kikazahabwa APR nk’ikipe yabaye iya mbere mu makipe yo mu Rwanda.
Ibi bikaba byakomeje guteza impaka cyane aho hibazwa impamvu ibintu bitigeze bibaho mu mateka ya ruhago bwa mbere mu mateka bigiye kubaho mu Rwanda aho hibazwa impamvu muri shampiyona imwe hatangwa ibikombe bibiri.
APR FC kuri ubu ishobora gusoza shampiyona ku mwanya wa gatatu akaba ariyo izahabwa igikombe nk’ikipe yabaye iya mbere mu makipe yo mu Rwanda ndetse akaba ari nayo izaserukira igihugu.





