
Nyuma y’igihe bari mu mvune Bigirimana Abedi na Ndikumana Asman bari mu bakinnyi Rayon Sports Sports yahagurukanye i Kigali yerekeza i Huye aho igomba gukina umukino wa shampiyona na Amagaju kuri iki cyumweru.
Aba bombi hakaba hari hashize igihe batifashishwa n’ikipe ya Rayon Sports kuko bari bamaze igihe bari mu mvune gusa ku mukino ikipe ya Rayon Sports izakinamo n’Amagaju aba bakinnyi bakaba bazifashishwa.
Mu banyamahanga umunani Rayon Sports yamanukanye mu karere ka Huye ntiharimo Aziz Bassane wahawe ibihano aho ku mugoroba wo kuri uyu wa gatandatu igomba gukorera imyitozo ya nyuma kuri stade Kamena.
Rayon Sports isabwa gutsinda uyu mukino kugirango igerageze kwiyunga n’abafana nyuma y’igihe kinini gishize iyi kipe itabona intsinzi





