Al Hilal irifiza kwizigama amanota ahagije noneho nyuma yo gukina na Al Merreikh na APR FC maze bamwe mu bakinnyi bayo bakomeye bakajya gusoza Shampiyona yo muri Sudan igiye kwinjira muri kamarampaka.
Mu gihe bagifite ikirarane n’umukeba wabo w’ibihe byose Al Merreikh ndetse ikaba inarusha ikipe ya APR FC ya kabiri amanota atandatu kuri ubu irifuza gutwara Shampiyona yo mu Rwanda hakiri kare abakinnyi bayo bakajya gusoza iya Sudan ari nabyo bizabaha amahirwe yo gusohokera igihugu.
Al Hilal irifuza gutwara Shampiyona y’i Khartoum mu Sudan bikayiha itike yo gukina imikino ya CAF Champions league bakagaruka i Kigali kwitegurira hamwe umwaka w’imikino 2026-2027 uzatangirira kuri CECAFA izabera mu Rwanda.
Al Hilal iherutse gukurwamo mu irushanwa rya CAF Champions league aho yatangaje ko yamaze gutanga ikirego ku musifuzi wayisifuriye.
