Guverinoma ya Uganda iri mu gitutu cyo kugira icyo ikora mu rubanza rw’umukozi wo mu rugo ugiye guhanishwa igihano cy’urupfu muri Syria.
Ikigo cy’amakuru cya MMI News gikorera mu Bwongereza cyasubiyemo amagambo ya Migrant Workers Voice Uganda asaba abayobozi i Kampala kuvugana na bagenzi babo bo muri Siriya kugira ngo bahagarike iyicwa rya Vicky Ajok, riteganijwe kuba muri iyi weekend, tariki ya 28 Gashyantare.
Ajok yahamijwe icyaha cyo kwica umukoresha we w’imyaka 87, Huda Shaarawi, umukinnyi wa filime wo muri televiziyo izwi cyane yo muri Siriya yitwa Bab Al Hara.
Ibi byabaye mu kwezi gushize mu murwa mukuru wa Siriya, Damas.
Amakuru avuga ko Ajok yakubise umukoresha we ikintu kiremereye mu ntonganya, bimukomeretsa bikomeye. Bivugwa ko yahunze ariko nyuma aza gutabwa muri yombi.
Mu itangazo rye ry’ukwemera ibyaha ryakwirakwijwe mu bitangazamakuru byo mu gace, bivugwa ko yavuze ko ihohoterwa ry’igihe kirekire n’imishahara idahembwa ari byo byatumye bibaho.
Videwo yashyizwe ku rubuga rwa YouTube rwa New Vision muri Uganda igaragaza Ajok mu cyumba akikijwe n’abantu bakekwaho kuba abayobozi ba Siriya, yerekana uburyo yakoze igitero mbere yo kurira no gusaba imbabazi.
Guverinoma ya Uganda ntabwo iratangaza icyo ikora kuri iki kibazo.
Inkuru ya BBC