Umuhanzi akana n’umunyapolitike Bobi Wine yemeza ko umugore we n’abana bafitanye bane bahunze igihugu, kugeza ubu aho Bobi Wine aherereye ntabwo hazwi, yavuze ko azagaruka mu ruhame mu gihe gikwiriye.
Umukuru w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda yatangaje ko byabaye ngombwa ko umugore we n’abana bahunga igihugu”kubera ubugizi bwa nabi bakorerwaga n’inzego z’umutekano mu gushakisha uyu mugabo uri mu bwihisho.
Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine, yatangaje ibi ku wa gatatu mu ijambo riri mu butumwa bwa video yagejeje ku nama mpuzamahanga ku burenganzira bwa muntu yaberaga i Geneva mu Busuwisi.
Bobi yagiye nyuma yo gutsindwa amatora yabaye mu kwezi gushize aho yari ahatanye na Museveni, yaje ku mwanya wa kabiri n’amajwi 24% inyuma ya Perezida Museveni wagize 71%, ariko kuva ibyayavuyemo byatangazwa yahise ajya mu bwihisho avuga ko inzego z’umutekano zirimo kumuhiga ngo zimufunge.
Mu butumwa yatanze mu nama yaberaga i Geneva, Bobi yasabye ko “isi ifatira ibihano” Perezida Yoweri “Museveni n’umuhungu we” Jenerali Muhoozi Kainerugaba kubera “ibikorwa bihohotera uburenganzira bwa muntu” ku batavuga rumwe na bo.
Yavuze ko akiri mu bwihisho ahantu atatangaje “atari ku bushake” ahubwo kubera gutinya kugirirwa nabi.
Ati: “Byari ngombwa kugira ngo nkomeze kubaho. No kubasha kubavugisha aka kanya”.