Umuraperikazi w’Umunyamerika Doja Cat azatamira Abanyakigali ku wa 17 Werurwe 2026 muri BK Arena, ahave yerekeza i Pretoria muri Afurika y’Epfo ku wa 20 Werurwe 2026.
Doja Cat azaba aje mu bitaramo bya Global Citizen Move Afrika bigiye kuba ku nshuro ya gatatu. Ku nshuro ya mbere Kendrick Lamar ni we wataramiye i Kigali hakurikiraho John Legend.
SOMA:Chriss Eazy yakuze agomba kubera umugabo nyina
Doja Cat afite ugiye gutaramira i Kigali ni umwe mu bahanzi bafite ibihembo bya Grammys imwe yegukanye mu 2022 ku ndirimbo “Kiss Me More” yakoranye na SZA.
Uyu muraperikazi kandi yakunzwe mu ndirimbo nka “Agora Hills”, “Say No”, “Streets”, “Need to Know”, n’izindi.


