Ibitangazamakuru bimwe byo muri Kenya nyuma yo kubona ko Joshua Baraka wo muri Uganda agiye gushyira hanze indirimbo “Morocco” yasubiranyemo na Shenseea, byongeye kwandika bigaragaza ko ari Umunya-Kenya.
Abandika bavuga ko Joshua Baraka ari umuhanzi w’Umunya-Kenya ukorera umuziki muri Uganda, ngo kuko ise umubyara akomoka i Busia muri Kenya ndetse akaba yarakuriye mu mujyi wa Eldoret.
Joshua Baraka yigeze kuvuga ko ise akomoka muri Kenya koko ndetse na nyina akaba umwe mu bitwa Banyarwanda muri Uganda, bakomoka mu Rwanda.
SOMA:Abanyarwanda bo muri Uganda bakoze igitaramo mu myambaro yera
Uyu muhanzi uri gukora ibidasanzwe mu muziki wa Afurika y’Iburasirazuba, ibihugu bya Kenya na Uganda, abaturage babyo bakunze kumva buri umwe avuga ko Baraka ari uwabo abandi nabo ntibabikozwe.
Baraka we akenshi akunze kuvuga ko ari umuhungu wa Afurika y’Iburasirazuba ariko ngo ari Umunya-Uganda kuko aricyo gihugu yavukiyemo ndetse akagikuriramo.


