Bugingo Bonny uzwi mu myidagaduro by’umwihariko mu mwuga wo gusobanura Sinema nka Junior Giti asigaye acuruza amagi n’inkoko.
Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga akoresha, Junior Giti yahishuriye abamukurikira ko yatangiye korora inkoko zo kugurisha ndetse n’amagi yazo.
Yavuze ko yashinze Giti Farm mu Akarere ka Bugesera mu Mujyi wa Ntarama, aho umuntu wese ukeneye amagi ndetse n’inkoko nziza bashyizwe igorora.
Giti usanzwe areberera inyungu z’umuhanzi Chriss Eazy binyuze mu kigo “Giti Business Group” abaye umwe muri bake bazwi mu myidagaduro birundumuriye mu bworozi bwa kijyambere.
Junior abikoze nyuma y’uko bizwi ko ari akora ubworozi bw’inka mu Rwanda ndetse no mu bihugu duturanye birimo Uganda. Ukeneye kurangura amagi n’inkoko muri Giti Farm hamagara +250 784 864 791.



