
Kuri uyu wa gatanu amakipe umunani ya mbere muri shampiyona arahabwa ibihembo yakoreye kuva ku ya mbere kugeza ku ya munani aho mu bo amakipe yasabwe kuzana harimo Perezida na Kapiteni uyu muhango uratangira Saa Kumi kugeza Saa Moya n’Igice z’umugoroba kuri Hoteli ya FERWAFA.
Kumugoroba wo kuri uyu wa gatanu kuri Hotel ya FERWAFA iherereye i Remera amakipe umunani yabaye aya mbere muri shampiyona yo mu Rwanda ( BK PRO LEAGUE ) agiye gushyikirizwa ibihembo byabo.
Muri uyu muhango watumiwemo perezida w’ikipe na Kapiteni we amakipe akaba agomba gushyirlkirizwa ibihembo bagiye batsindira aho nk’ikipe ya APR FC igomba kwegukana miliyoni 80 naho ikipe ya Rayon Sports ikegukana miliyoni 60.
Mu makipe agomba guhembwa muri BK PRO LEAGUE hakaba hatarimo amakipe nka Al Hilal na Al Merrikh zose zo muri Sudan kuko kugeza ubu zifatwa nkamakipe y’abashyitsi




