
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashimiye ikipe ya Paris Saint-Germain yatwaye UEFA Champions League ya kabiri yikurikiranya gusa anashimira Arsenal yatsindiwe ku mukino wa nyuma nka makipe yombi akorana na gahunda ya #VisitRwanda.
Yagize ati “Nishimiye abafatanyabikorwa bacu, Paris Saint-Germain (PSG), ku ntsinzi ikomeye bagezeho yo kwegukana igikombe cya UEFA Champions League, ndetse no kuba bagitwaye inshuro ebyiri zikurikiranye.”
“Ndashimira kandi Arsenal kuba yarageze ku mukino wa nyuma kandi ikarwana yivuye inyuma kugeza ku munota wa nyuma.”
“Aya makipe yombi yateye ishema abafana bayo, ariko iri joro PSG yagaragaje ko ari yo kipe yarushije indi imbaraga n’ubushobozi.”
Mu mukino wabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 30 Gicurasi 2026, warangiye Arsenal na Paris Saint-Germain zinganyije igitego 1-1 maze hiyambazwa Penaliti ari zo PSG yatsinze 4-3.




