
Pep Guadiola wari umaze imyaka 10 muri Manchester City akayihesha ibikombe 6 bya shampiyona yamaze gusezera nkuko byatangajwe n’iyi kipe ikaba izatandukana nawe nyuma y’uyu mwaka w’imikino akaba azakomeza gukomeza gukorana na yo mu bijyanye n’ubujyanama mu bya tekinike.
Umutoza w’Umunya-Espagne Pep Guardiola ari mu nzira zo gusoza urugendo rwe muri Manchester City nyuma y’imyaka icumi ayitoza, aho biteganyijwe ko azava muri iyi kipe uyu mwaka w’imikino urangiye.
Ikinyamakuru Dail Mail dukesha aya makuru, cyanditse ko uyu mutoza w’imyaka 55 yafashe icyemezo cyo gusezera nyuma yo gufasha Manchester City kugera ku rwego rwo hejuru ku mugabane w’u Burayi no mu Bwongereza.
Muri iyo myaka amaze muri iyi kipe yo mu mujyi wa Manchester, Guardiola yayihesheje ibikombe 20 bitandukanye, harimo ibikombe bitandatu bya Shampiyona y’u Bwongereza ndetse na UEFA Champions League ya mbere mu mateka y’iyi kipe.





