
Dj Toxxyk ukurikiranyweho ibyaha birimo ubwicanyi budaturutse ku bushake ubushinjacyaha bwamusabiye igifungo cy’imyaka ibiri n’izahabu ya Miliyoni 1 frw ku rukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge aho icyemezo cy’urukiko kizasomwa ku wa 4 Gicurasi 2026.
Shema Arnaud De Bosscher wamenyekanye nka Dj Toxxyk akurikiranyweho ubwicanyi budaturutse ku bushake kuri uyu wa mbere mu rukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge yasabiwe n’ubushinjacyaha ko yafungwa imyaka 2 ndetse agatanga n’izahabu ya miliyoni 1.
Dj Toxxyk yatawe muri yombi ku wa 20 Ukuboza 2025 nyuma yo kugonga umupolisi agahita yitaba Imana gusa nyuma bikaba byaragaragaye ko ari ubwicanyi butakozwe ku bushake byanatumye ubushinjacyaha busabira Dj Toxxyk icyo gihano.
Icyemezo cy’urukiko kikaba kizasomwa ku wa 4 Gicurasi 2026 Ari nabwo hazamenyekana igihano cyafatiwe Dj Toxxyk.




