Ikipe ya AS Kigali WFC, imwe mu makipe afite amateka akomeye muri ruhago y’abagore mu Rwanda, yamaze kumanuka mu cyiciro cya kabiri cya Rwanda Women’s Championship nyuma yo kwitwara nabi muri shampiyona y’uyu mwaka.
Ibi bibaye mu gihe hasigaye umukino umwe gusa ngo Rwanda Women’s Super League irangire, aho iyi kipe iri ku mwanya wa 11 n’amanota 13 mu makipe 12.
AS Kigali WFC yari imaze imyaka 18 ikina mu cyiciro cya mbere, ndetse ifite ibigwi bikomeye byo kwegukana ibikombe bya shampiyona bigera kuri 13, bigaragaza ubukaka yari ifite mu myaka yashize.
Gusa, uyu mwaka ntiwayihiriye bitewe n’umusaruro muke n’imikinire itanyuze abakunzi bayo.
Iyi kipe yamanukanye na Nyagatare WFC, na yo itabashije kwitwara neza muri shampiyona. Ni igihombo gikomeye kuri ruhago y’abagore mu Rwanda, aho AS Kigali WFC yari imwe mu nkingi za mwamba.
SOMA : Rayon Sports yamaze gufatirwa ibihano na FIFA
